Irani Yamaganye Ibiganiro na Amerika ku Nucleaire

Irani Yamaganye Ibiganiro na Amerika ku Nucleaire

Irani Ivuga ko Ibiganiro kuri Nucleaire na Leta Zunze Ubumwe za Amerika Nta Gaciro Bifite mu Gihe Trump Akomeje Gushaka Amasezerano

 

Haracyari urujijo ku inama ya gatandatu y’ibiganiro kuri porogaramu ya nucleaire hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Irani izabera muri Oman ku cyumweru, nk’uko byari biteganyijwe.

Irani yatangaje ko ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye na porogaramu yayo ya nucleaire nta gaciro bifite, nyuma y’igitero cyagabwe na Israel kuri Irani, kikaba kivugwa ko ari cyo kinini kibayeho. Irani ishinja Amerika kugira uruhare muri icyo gitero, binyuze mu gushyigikira ibikorwa bya Israel.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Irani, Esmaeil Baghaei, yabwiye ibiro ntaramakuru bya Tasnim. ati:” Amerika yitwara mu buryo ibiganiro bidatanga umusaruro. Ntushobora kuvuga ko ushaka kuganira, ariko mu gihe kimwe ugashyigikira ibitero bigabwa ku gihugu cyacu. Wemera ko ubutegetsi bwa Israel bugaba ibitero ku butaka bwa Irani, hanyuma ngo tuganire!”

Amerika yahakanye uruhare ishinjwa, ibwira Inama y’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi ko kuganira na Irani ku bijyanye na porogaramu ya nucleaire ari bwo buryo bwiza bwo gukemura amakimbirane.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibitero bya Israel kuri Irani ari “ibyiza cyane”, nubwo mbere yari yaburiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, kwitonda no kutabangamira  ibiganiro.

Ku wa Gatanu, Trump yavuze ko intambara irimo gukaza umurego hagati ya Israel na Irani ishobora kuba “amahirwe ya kabiri” kuri Irani ngo yisubireho, irinde kurimbuka burundu ndetse inarokore igitinyiro bita Iranian Empire, yigeze kugira mu mateka.

Nubwo inama ya gatandatu y’ibiganiro yari iteganyijwe kubera muri Oman ku cyumweru, ntiharamenyekana neza niba izaba nyuma y’ibitero bya Israel. Bwana Baghaei yabwiye ikinyamakuru cya Leta ya Irani, IRNA, ku wa Gatandatu ko nta cyemezo kirafatwa.

Irani yahakanye ko porogaramu yayo yo gutunganya uranium igamije gukora intwaro za kirimbuzi, ivuga ko ari iy’inyungu z’abasivili gusa. Yanamaganye ibirego bya Israel biyishinja ibikorwa bya gisirikare, aho Netanyahu yagize ati:” Sinzareka kugaba ibitero, igihe cyose bizaba ngombwa kugira ngo duhagarike Irani gukora intwaro za nucleaire.”

Trump, abinyujije ku rubuga rwe Truth Social, yavuze ko yaburiye Irani ko nibadahana umwanya wo kwisubiraho, “ibizabaho bizaba bibi cyane kurusha ikindi gihe cyose babayemo.” Yongeyeho ko Amerika ifite ibitwaro bya kirimbuzi biremereye kurusha ibindi byose ku isi, kandi ko Israel ibifite byinshi kandi izi kubikoresha.

Umusanzunews

Umwanditsi: Alexis NTAWIGENERA

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *