Igisirikare cya Irani cyongeye gufunga umuhora wa Hormuz
Igisirikare cya Irani cyatangaje ko cyongeye kungenzura umuhora wa Hormuz, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru bya Leta n’ibiyegamiyeho.
Ibiro ntaramakuru bya Fars, bifitanye isano n’ishami rya gisirikare rishinzwe kurinda ubusugire bwa Kisilamu (IRGC), ibiro ntaramakuru bya ISNA, hamwe n’ikinyamakuru cya leta IRIB, byose byagarutse ku itangazo rya IRGC rivuga ko uwo muhora ugiye kengera gufugwa.
Muri iryo tanagazo, IRGC yashinje Amerika gukora ubujura bwo ku mazi, ibyo ivuga ko Amerika yise “igot” (Blockade) mu by’ukuri ari ubujura bwo mu mazi. Irani yari yaraburiye ko ishobora gufunga uwo muhora mu gihe Amerika yaba ikomeje kugota ibyambu byayo.

Impala z’abayobozi n’intambara y’amagambo
Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko ya Irani, Mohammad Bagher Ghalibaf, akaba ari na we wari uyoboye intumwa za Irani mu biganiro biheruka na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byabereye i Islamabad muri Pakistani, yari yanditse ku rubuga rwa X ati: “Niba [Amerika] ikomeje kugota ibyambu bya Irani, uyu muhora ntuzakomeza gufungurwa.”
Yashimangiye ibyari byavuzwe n’umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Irani, Esmail Baghaei, wari wavuze ko “ifungurwa cyangwa ifungwa ry’uyu muhora wa Hormuz n’amabwiriza awugenga bizagenwa n’uko ibintu bizaba byifashe ku rugamba, aho kuba ku mbuga nkoranyambaga.”
Aya magambo ya Ghalibaf na Baghaei aje akurikira ubutumwa bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Abbas Araghchi, na we wanditse ku rukuta rwe rwa X agira ati: “imiryango ku mato yose y’ubucuruzi” mu Nyanja ya Hormuz “irafunguye mu gihe cyose cy’agahenge kagenwe.”
Ibi byatumye Araghchi anengwa cyane n’ibinyamakuru bimwe na bimwe muri Irani n’abahezanguni bamusabye “gusobanura neza” ibyo yavuze. Ghalibaf yagize ati: “Intambara y’amagambo no guhindura imyumvire y’abantu ni bimwe mu bigize intambara, ariko aya mayeri ntashobora kuyobya Irani.”

Icyo Donald Trump n’Ubushinwa babivugaho
Ku ruhande twa, Perezida Donald Trump ntiyatinze gushima icyo cyemezo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social. Yavuze ko na mugenzi we, Xi Jinping, w’ubushinwa “Ishimye cyane kubona cyagwa kumva ko umuhora wa Hormuz ufunguwe cyagwa ugiye gufungurwa vuba.”
Gusa, Trump yashimangiye ko icyemezo cya Amerika cyo kugota ibyambu bya Irani kizakomeza kugeza habayeho amasezerano ashingiye ku bwumvikane bwuzuye hagati y’ibihugu byombi.

Ingaruka ku giciro cy’peterori ku isi
Nubwo bimeze bityo, iyi nkuru yahise ituma ibiciro bya peterori bimanuka. Akagunguru ka peterori kamanutse kagera ku madorari 88, nyuma y’aho Amerika na Irani batangarije ko uwo muhora ufunguye, mu gihe ku wa Gatandatu hashize kageze ku madorari 98.
Umuhora wa Hormuz ni inzira nto y’amazi iri mu majyepfo ya Irani, ikaba inyuramo kimwe cya gatanu (1/5) cya peterori na gazi bikoreshwa ku isi yose. Kuva Amerika na Isirayeli batangira ibitero bya gisirikare kuri Irani mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, Irani yahise ifunga uwo muhora. Ibyo byatumye urujya n’uruza rw’amato rugabanuka, bituma ibiciro bya peterori bizamu biva munsi y’amadorari 70 bigera ku madorari 119 mu kwezi kwa gatatu.

Impungenge ku mutekano w’amato
Nubwo Irani yavuze ko inzira “ifunguye”, ishyirahamwe ry’ubwikorezi bwo mu mazi, BIMCO, ryaburiye abakora muri urwo rwego ko hakiri akaga.
Jakob Larsen, ushinzwe umutekano muri BIMCO, yagize ati: “Nta mucyo uhari ku bijyanye n’akaga gashobora guterwa n’amamine ari mu mayira y’ubwikorezi, rero BIMCO irasaba amakompanyi atwara ibintu kwirinda ako karere.”
Ibi bivuze ko inzira z’amato zitarabonewa umutekano ku buryo urujya n’uruza rw’amato rwakomeza.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ubwikorezi bwo mu Mazi (IMO) aracyagerageza gusobanukirwa neza ibikubiye mu cyemezo cya Irani cyo gufungura uwo muhora wa Hormuz.
