Perezida Kagame abwira bagenzi be mu nama ya EAC na SADC ko ntwawe uzacecekesha u Rwanda

Perezida Kagame abwira bagenzi be mu nama ya EAC na SADC ko ntwawe uzacecekesha u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudateze guceceka ndetse RDC n’abandi badateze kurucecekesha mu gihe umutekano warwo ugeramiwe.

 

Umukuru w’Igihugu witabiriye inama yiga ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo yahuje abakuru b’ibihugu ba EAC na SADC, yavuze ko u Rwanda rwagaragaje inshuro zitabarika ibirubangamiye.

Ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntishobora kuducecekesha mu gihe hari ibibazo by’umutekano bibangamiye igihugu cyacu. Nta muntu n’umwe uzaducecekesha.”

Umuyobozi wa EAC akaba na Perezida wa Kenya, William Ruto, ari kumwe n’Umuyobozi wa SADC akaba na Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, bafatanyije kuyobora iyi nama

“Twamaze igihe kinini twinginga RDC n’abayobozi bayo, twagaragaje ibibazo, twasabye RDC kubikemura, barabyanze. Ntituzagire indi nama imeze nk’izo twagize.”

Perezida Kagame yavuze ko bidakwiriye ko abantu bakomeza kwisirisimba inyuma y’ibibazo, avuga ko ikiri kuba ari intambara ishingiye ku bwoko imaze igihe kinini itutumba, kwima abantu uburenganzira bwabo no gutera u Rwanda.

Ati “Mugomba guha abantu uburenganzira bwabo, mugatera intambwe hanyuma mugakemura ibibazo.”

Umukuru w’Igihugu yongeye gushimangira ko intambara iri kuba yatangijwe na RDC, ko nta hantu na hamwe u Rwanda ruhurira nayo. Ati “Twarayikorejwe, dusabwa kuyigira iyacu. Ntabwo byashoboka.”

Umukuru w’Igihugu yavuze kandi ko bikwiriye ko ikibazo gihabwa agaciro gakwiriye, hagashakwa umwanzuro urambye.

Perezida Kagame yari ayoboye itsinda ry’u Rwanda muri ibi biganiro

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko inama yabereye i Dar es Salaam ari iy’amateka, kuko itanga ibisubizo by’ako kanya n’iby’igihe kirekire mu kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo no mu Karere muri rusange.

Inama y’abakuru b’ibihugu yanzuye ko imirwano ihagarara bwangu, umuti w’ikibazo ugashakwa binyuze mu nzira z’amahoro ndetse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikagirana ibiganiro n’impande zose harimo na M23.

 

Umusanzunews.rw

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *