Burkina Faso: Hafashwe undi muyobozi w’ikinyamakuru
Mu mezi aheruka, guverinoma ya Ibrahim Traoré yarekuye abantu basaga icumi bari barashimuswe hanyuma bahatirwa kujya ku rugamba. Muri abo harimo abanyamakuru, abayobozi b’imiryango itegamiye kuri Leta n’abantu begereye abanyapolitiki. Nanone ifatwa abantu ryongeye kugaragara.
Umuyobozi w’igitangazamakuru cyigenga cyo muri Burkina Faso cyitwa Aujourd’hui au Faso yatawe muri yombi ku ya 14 Ukwakira i Ouagadougou, umunsi umwe nyuma y’aho abanyamakuru babiri n’abacamanza batatu bashimuswe, nk’uko iki gitangazamakuru cyabitangaje.
Mu gihugu cya Burkina Faso, ubutegetsi bwa gisirikare bwafashe ubutegetsi mu kwezi kwa Nzeri 2022 buyobowe na Kapiteni Ibrahim Traoré, bukunze gushinjwa gukandamiza abantu bafatwa nk’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Bamwe muri bo barafatwa bakajyanwa ku rugamba kurwana n’intagondwa z’abajihadiste.
“Iyo Aujourd’hui au Faso niyo yatangaje ko Umuyobozi wayo, Zowenmanogo Dieudonné Zoungrana, yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku wa kabiri, tariki ya 14 Ukwakira, n’abantu bane bivugwa ko ari abakozi ba ANR (Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi). Nyuma yo kumuganiriza, bahise bamujyana ahantu hataramenyekana.”
Dieudonné Zoungrana ni we washinze iki gitangazamakuru anakibera umuyobozi. Mu mpera za Nzeri, yagiranye ikiganiro cyihariye na Kapiteni Ibrahim Traoré, cyari kigamije kwizihiza imyaka itatu ya Junda ku butegetsi.
Umuryango Mpuzamahanga wita ku burenganzira bw’abanyamakuru Reporters Sans Frontières (RSF) watangaje ko “utemeranya n’ibikorwa byo gufata abanyamakuru.” Umuyobozi wa RSF muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara Sadibou Marong, mu itangazo yashyize hanze yagize iti: “Turamaganira kure ibi bikorwa byo gushimuta binibasira abanyamakuru bakomeye mu gihugu. Dusaba ubutegetsi kurekura abanyamakuru bose. Kandi ibyo bikorwa byibasira itangazamakuru bigahita bihagarikwa.”
Burkina Faso iri ku mwanya wa 105 mu bihugu 180 ku rutonde rwa RSF rwa 2025 rwerekana uko itangazamakuru rifite cyangwa ritagira ubwisanzure ku isi.
