Michigan: Umusore winjije imodoka mu rusengero arasa abakirisitu
Polisi ivuga ko abantu bane bishwe naho abandi umunani barakomereka, nyuma y’uko umugabo witwaje intwaro zirimo imbunda atwaye imodoka akayinjiza mu rusengero rwo muri Leta ya Michigan muri Amerika, akarasira mu rusengero akanatwika iyo nyubako ikorerwamo amateraniro.
Abayobozi bavuze ko icyo gitero cyabereye ku rusengero rwa Church of Jesus Christ of Latter-day Saints rwo mu mujyi wa Grand Blanc, uri mu ntera ya kilometero 100 mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Detroit, cyabaye ku cyumweru mu gihe abakirisitu bari mu materaniro yari yitabiriwe n’abantu babarirwa mu magana.
Ucyekwa kugaba icyo gitero, yitwa Thomas Jacob Sanford, w’imyaka 40, w’i Burton muri Michigan. Nyuma yaho yishwe arashwe na polisi ubwo yageragezaga guhangana n’abo bapolisi aho imodoka zagenewe guhagarara kuri urwo rusengero.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (FBI) rwo muri icyo gihugu rurimo gukora iperereza kuri iki gikorwa cy’iterabwoba, barufata nk’ “igikorwa cy’urugomo gishobora kuba cyarateguwe n’abantu runaka bakihishe inyuma”, ariko impamvu y’iri turika ntiramenyekana.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku cyumweru, William Renye, umukuru wa polisi mu mujyi wa Grand Blanc, yavuze ko abantu babiri bapfuye barashwe.
Nyuma yaho yavuze ko abandi bantu babiri basanzwe bapfuye ndetse ko abandi bakiburiwe irengero, nubwo atavuze umubare wabo. Yavuze ko kugeza ku cyumweru nijoro ibintu byari bikirimo gushyirwa ku murongo muri urwo rusengero, rwangijwe cyane n’umuriro.
Uyu mukuru wa polisi yavuze ko abantu “amagana” bari bitabiriye amasengesho ahagana saa yine n’iminota 25 z’amanywa (10:25) ku isaha yaho, ubwo uyu Thomas wari witwaje imbunda anatwaye imodoka yinjije ikinyabiziga mu nyubako.
Yavuze ko uwagabye icyo gitero yahise atangira kurasa akoresheje imbunda ikoreshwa mu rugamba, ati: “Ni bwo yarashe amasasu menshi ku bantu bari mu rusengero.”
Polisi yahise igera aho byabereye, yongeraho ko abapolisi bakihagera “barasanye n’uwo Thomas biragira ahasize ubuzima[baramwica]”. Thomas, yishwe saa yine n’iminota 33 (10:33), nyuma y’iminota umunani kurasana bitangiye.
Umukuru wa polisi yagize ati: “Turacyarimo kugerageza kumenya neza igihe n’ahantu umuriro waturutse n’ukuntu watangiye.”
Ubuyobozi bwavuze ko ucyekwa yakoresheje ikintu gituma umuriro ukwirakwira – bishoboka ko ari lisansi – mu gukongeza uwo muriro.
Renye, umukuru wa polisi mu mujyi wa Grand Blanc, yanashimye “ubutwari” bw’abari bagiye gusengera muri urwo rusengero, ati: “Ndashima ubutwari bwa bahishe abana mu rusengero ubwo ibyo byabaga.”
Abakora iperereza barimo gusaka inzu ya Thomas no gusuzuma amakuru yo muri telefone ye igendanwa, mu gihe bagikomeje gushaka icyamuteye kugaba icyo gitero.
Igitangazamakuru CBS gikorana na BBC muri Amerika cyatangaje ko inyandiko zigaragaza ko Thomas yahoze ari umusirikare w’Amerika mu mutwe wa Marine, w’abarwanira mu mazi no ku butaka.
Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko yamenyeshejwe iby’iraswa, ndetse yemeje ko urwego rw’Ubugenzacyaha bw’Amerika (FBI) ruzayobora iryo perereza.
Trump yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social ko ibyabaye ari “ikindi gitero kigambiriye abakirisitu muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.”
Polisi yo mu mujyi wa Grand Blanc yavuze ko abakozi b’iperereza 100 ba FBI boherejwe gutanga umusanzu muri iryo perereza.

Ibyo n’ibisanzwe muri ibi bihugu byo hanze