Umunyamabanga wa Leta w’Umutekano wa Mexique wahozeho yategetswe kwishyura miliyoni 748$
Urukiko rwo muri Leta ya Florida, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwategetse ko Genaro Garcia Luna wahoze ari Minisitiri w’Umutekano wa Mexique, yishyura miliyoni zisaga 748 z’amadolari ya Amerika ku gihugu cye, azira uruhare rwe mu byaha bya ruswa no kunyereza umutungo wa Leta.
Iki cyemezo cyafashwe ku wa Kane, gisoza urubanza rwa sivile rwatangijwe na Guverinoma ya Mexique kuva muri Nzeri 2021.
Garcia Luna wari Minisitiri w’Umutekano hagati ya 2006 na 2012, yamaze gukatirwa igifungo cy’imyaka irenga 38 muri Amerika, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kwakira ruswa yatangwaga n’umutwe w’abahezanguni uzwi nka Sinaloa cartel. Ibyo byaha birimo no gutanga amakuru y’ibanga ku bapolisi n’itsinda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge.
Urukiko rwa Miami-Dade rwanategetse umugore wa Garcia Luna, Linda Cristina Pereyra, kwishyura miliyoni 1.7 z’amadolari ya Amerika. Ibyo byombi hamwe bingana hafi na miliyari 2.4 z’amadolari.
Guverinoma ya Mexique yashinjaga Garcia Luna n’abandi barimo n’umugore we, guhisha umutungo binjije mu buryo butemewe n’amategeko, bakawushora mu bihugu birimo Barbados na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bivugwa ko ayo mafaranga yakoreshejwe mu gushora imari mu bikorwa byo koza amafaranga, birimo no kugura imitungo irimo amazu, konti za banki n’imodoka z’amoko ya kera nk’iza Mustang zo mu myaka ya 1960 na 1970.

Hari n’amakuru avuga ko Garcia Luna, wakoreraga inzego zo hejuru z’umutekano, yakoranye n’abanyabyaha bo muri Sinaloa cartel, akabaha amakuru y’ibanga, ndetse bamwe bamufata nk’urukiko rwabo rukuru. Bivugwa ko bamuhembaga amafaranga mu buryo bw’ibanga, harimo n’aho bayamutereraga mu kabari k’Abafaransa kari hafi y’ambasade ya Amerika i Mexico City.
Garcia Luna yimukiye muri Amerika kuva mu 2012, aza gutabwa muri yombi, akatirwa n’urukiko rwa Brooklyn, New York mu 2023.
Guverinoma ya Mexique ivuga ko ibikorwa bya ruswa yakoze bijyanye no guhimba amasezerano ya Leta no kuyasesagura nk’uburyo bwo guhisha amafaranga, cyane cyane ajyanye n’ibikoresho by’itumanaho n’ubugenzuzi.
Uyu mugabo ni we muyobozi wo ku rwego rwo hejuru wa Mexique wahamwe n’ibyaha muri Amerika, bikaba bigira ingaruka zikomeye ku mikoranire ya Mexique na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rugamba rwo kurwanya ruswa n’ibiyobyabwenge.
Umwanditsi: Alex RUKUNDO
Email: rukundoalex540@gmail.com
Whatsap / Tel: +250 785 404 717
