Afurika y’Epfo ishobora kuba ifite umugambi w’uburiganya wo gusubira muri DRC, igamije kuburizamo inzira y’amahoro

Afurika y’Epfo ishobora kuba ifite umugambi w’uburiganya wo gusubira muri DRC, igamije kuburizamo inzira y’amahoro

Ingabo za Afurika y’Epfo zirateganya kongera kugaruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kugira ngo zogere zirwanye inyeshyamba za AFC/M23. Abasesenguzi bavuga ko uwo mugambi uhwanye no kwiyahura, kandi ushobora kubangamira ibiganiro by’amahoro biri gukorwa muri iki gihe.

 

Nyuma yo gushyira intwaro hasi imbere y’inyeshyamba ku ya 27 Mutarama, ubutumwa bwa SADC bwari bwaroherejwe muri RDC bunaniwe gutsinda umutwe wa M23 , basubira mu gihugu cyabo banyuze mu Rwanda bajya muri Tanzaniya, aho ingabo za Afurika y’Epfo  zari muri cyo gikorwa zagombaga gufatira indege zibasubiza mu bihugu byabo.

Ariko inzego z’umutekano zo mu Burundi zivuga ko ingabo za Afurika y’Epfo zitari zikwiye gusubira mu gihugu cyazo.

Bamaze iminsi binjira i Bujumbura bitegura kongera kwinjira muri RDC banyuze mu Burundi. Uko bigaragara, umugambi wabo ni ukwifatanya na Wazalendo, FARDC ndetse n’ingabo z’u Burundi mu karere ka Uvira, bagategura ibitero bikomeye mu rwego rwo gusubiza inyuma ihuriro rya AFC/M23 ,” nk’uko byatangajwe n’umwe mu bakora iperereza burazwa mu gisirikare cy’u Burundi.

Ku wa 12 Gicurasi, intumwa zo muri Congo no muri Afurika y’Epfo zagiriye urugendo mu Burundi aho bahuye n’abategetsi b’u Burundi barimo n’abasirikare bakuru.

Umunsi umwe mbere yaho, indege yihariye y’abadipolomate – H25B ifite nimero ya rejesitrasiyo ZS-EGX – ikaba itwarwa na sosiyete Balmoral Central Contracts, yahagurutse ku kibuga cya gisirikare cya Lanceria muri Afurika y’Epfo yerekeza mu Burundi, igera ku kibuga cy’indege cya Bujumbura.

Ku wa 12 Gicurasi, iyo ndege yahagurutse i Bujumbura yerekeza i Port Sudan itwaye abasirikare babiri b’u Burundi. Yagarutse i Bujumbura itwaye abagenzi batandatu, barimo Abanyafurika y’Epfo bane n’Abarundi babiri.

Intumwa 24 zahagurutse  i Kinshasa zijya mu Burundi, zifashishije indege ifite nimero D2-AJB, kugira ngo zifatanye n’intumwa z’Afurika y’Epfo n’iz’u Burundi mu nama.

Ku wa 13 Gicurasi, indege y’ubwikorezi yo mu bwoko bwa Embraer 145 ifite nimero ya rejesitrasiyo D2-AJB, ikaba iyobowe na Leta ya Congo, yageze ku kibuga cy’indege cya Bujumbura itwaye intwaro. Iyo ndege y’ubwikorezi imaze igihe ikora ingendo kenshi hagati ya Port Sudan na Bujumbura, itwara intwaro, kuva muri Gashyantare.

Ku munsi wakurikiyeho, abasirikare b’u Burundi bari ku kibuga cy’indege cya Bujumbura bakurura ibikoresho bya gisirikare birimo amasasu n’intwaro. Ibyo bikoresho bigomba koherezwa muri RDC, cyane cyane mu karere ka Uvira, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa umugambi wo gutera ihuriro rya AFC/M23 mu bice bya Gatogota na Kaziba, mu ntara ya Walungu.

Ku wa 15 Gicurasi, intumwa eshatu zagize urugendo zijya i Kinshasa, ku ndege El45 ifite nimero ya rejesitrasiyo 9S-AJB, ikora ku izina rya Jetstream Aviation DRC. Abagenzi bari mu ndege bari 34.

Izi nama zihuriweho na Burundi, RDC, na Afurika y’Epfo zirimo gutegura ibikorwa bya gisirikare, nyuma y’uko u Burundi bwagaragaje ubushake bwo kongera ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo kugira ngo zihagarike inyeshyamba zibarizwa mu bice bya Fizi, Uvira na Tanganyika,” nk’uko byasobanuwe n’umwe mu batoza b’ingabo z’u Burundi.

Kuva muri Mata, Ingabo zihariye z’u Burundi zashizeho ikigo cy’imikoranire mu bya gisirikare i Ubwali, mu karere ka Fizi, ku ngabo zigenewe gukoreramo mu bice bya Fizi na Tanganyika. Ibice by’ingabo z’u Burundi byagiye byinjira mu kiyaga cya Tanganyika bijya Baraka, bikerekeza ku misozi miremire ya Bijabo na Minembwe kugira ngo bategure ibitero ku nyeshyamba za M23.

Niba ingabo za Afurika y’Epfo ziri gukina uburyo bwa ‘Trojan horse’ bwo gusubira mu burasirazuba bwa RDC banyuze mu Burundi, bishobora kuba urugendo ruganisha ku kwiyahura. Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko azashyigikira ibikorwa by’amahoro. Ibisubizo bya gisirikare byanze gukemura ibibazo bya RDC; Afurika y’Epfo ikwiye kubyumva neza,” nkuko Dr. Alexis Ruberwa, umusesenguzi wa politiki wo muri Congo, yabivuze.

Abagize uruhare mu bya politiki ku rwego rw’akarere n’isi yose barahamagarira impande ziri mu ntambara kwitabira no kugira uruhare mu bikorwa by’amahoro biri gukorwa, nk’inzira ya EAC-SADC, gahunda ya Doha, n’ibikorwa bya Washington, mu rwego rwo kurangiza amakimbirane mu burasirazuba bwa RDC. Gusubira kwa Afurika y’Epfo muri RDC kugira ngo irwanye M23, bizabangamira cyane ibyo bikorwa by’amahoro biriho ubu.

Umusanzunews

Umwanditsi: Alexis NTAWIGENERA

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *