Uganda: Abantu babiri bahitanywe na ebola
Abantu 2 banduye icyorezo cya Ebola muri Uganda bitabye Imana. Ishami rya LONI ryita ku buzima ku isi, OMS, ryatangaje aya makuru rivuga ko ryayahawe na Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda.
Uyu nyakwigendera yari umwana w’imyaka ine. Yaguye mu bitaro bya Mulago biherereye i Kampala, umurwa mukuru wa Uganda. Ibyo bitaro ni byo byonyine byakira abarwayi ba Ebola muri icyo gihugu muri iki gihe.
Abashinzwe ubuzima muri Uganda batangaje ko abantu 10 ari bo bamaze kwandura Ebola, barimo babiri imaze guhitana.
Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda ivuga ko umunani mu bari banduye bose basezerewe kuko bakize, ariko abantu 265 bahuye n’abo barwayi bakiri mu kato kugira ngo harebwe niba nta wundi wanduye.
Umuntu wa mbere wanduye Ebola kuri iyi nshuro muri Uganda yatangajwe mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka.
Umwanditsi: Alex Rukundo
Number: +250 785 404 717
