Uganda abanduye Ebola Bageze ku 9
Minisiteri y’ubuzima muri Uganda, iravuga ko umubare w’abantu banduye icyorezo cya Ebola mu gihugu, wazamutse. Bavuye kuri batatu bagera ku icyenda.
Iki gihugu cyo muri Afurika y’iburasirazuba, mu kwezi gushize ni bwo cyatangaje ko icyorezo cya Ebola kandi yica. Icyorezo giheruka gutera muri Uganda ni icyo cyaturutse muri Sudani, kugeza ubu urukingo rwayo ntiruraboneka.
Minisiteri y’ubuzima muri Uganda yatangaje mu ijoro ryo ku wa mbere ko mu bantu icyenda bagenzweho ni iy’indwara ya Ebola, ko umwe yapfuye. Barindwi barimo kuvurirwa mu bitaro byo mu murwa mukuru Kampala, naho umwe yari mu bitaro byo mu mujyi wa Mbale, biherereye mu burasirazuba bw’igihugu, hafi y’umupaka n’igihugu cya Kenya.
Minisiteri kandi yavuze ko abarwayi umunani bose bameze neza, kandi abantu 265, bagize aho bahurira nabo, bashyizwe mu kato. Muri uku kwezi, ishami rya ONU ryita ku buzima OMS, ryavuze ko Uganda yatangije gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara ya Ebola yaturutse muri Sudani.
Inkingo ziriho ubu ni iz’ubwoko bwa Ebola yaturutse muri Zayire, mu bihe bya vuba yari yabaye icyorezo mu gihugu gituranyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.
