Uburusiya Bwiyamye Amerika kongera kuvuga ko Cuba ishyigikiye iterebwoba
Uburusiya bwamaganye icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kongera gushyira Cuba ku rutonde rw’ibihugu bishyigikira imitwe y’iterabwoba.
Uburusiya bwatangaje kuri uyu wa kabiri ko icyo cyemezo kigamije guhungabanya Cuba no guteza impinduka z’ubutegetsi muri icyo gihugu. Perezida Trump, ku wa mbere, yahinduye icyemezo cyari cyafashwe na Joe Biden cyo gukura Cuba ku rutonde rw’ibihugu bifasha imitwe y’iterabwoba.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Uburusiya, Maria Zakharova, yavuze ko nta gushidikanya icyo cyemezo cya Perezida Trump kigamije gukaza ibihano Amerika yafatiye Cuba bijyanye n’imari n’ubukungu, hagamijwe guteza umwuka mubi no guhindura ubutegetsi muri icyo gihugu. Zakharova yakomeje avuga ko icyo cyemezo nta shingiro gifite, kuko Cuba ikorana n’amahanga mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba.
Zakharova yashimangiye ko Uburusiya buzakomeza gushyigikira Cuba mu buryo bukwiye, hagamijwe gukuraho bidatinze ibihano bibangamira amategeko kandi bishegesha abaturage, byafashwe na Amerika.
Uburusiya na Cuba bakomeje ubufatanye hagati yabo kuva Uburusiya bwatangira intambara muri Ukraine mu mwaka wa 2022. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya, Sergei Lavrov, yasuye Cuba mu mwaka wa 2024 ushize.
Umwanditsi: Alex RUKUNDO
