OMS yashyizeho urutonde rushya rw’imiti y’ingenzi

OMS yashyizeho urutonde rushya rw’imiti y’ingenzi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje urutonde rushya rw’imiti y’ingenzi n’urutonde rw’imiti y’ingenzi ku bana.

 

Urwo rutonde rushya ruri mu madosiye ya 24 y’imiti y’abakuze (EML) n’aya 10 y’abana (EMLc). Rwongeyemo imiti mishya ivura indwara zikomeye zirimo kanseri, diyabete, ibinure (obésité), indwara z’amaraso nka haemophilia, ndetse na cystic fibrosis na psoriasis.

OMS ivuga ko uru rutonde rugamije gufasha ibihugu birenga 150 ku isi guhitamo no kubona imiti ikenewe, kuyigeza ku baturage ndetse no kugabanya ubusumbane mu buvuzi.

Dr Yukiko Nakatani, Umwungiriza w’Umuyobozi Mukuru wa OMS, yagize ati:Uru rutonde rushya ni intambwe ikomeye mu kongera uburyo bwo kubona imiti y’ingenzi, yagaragaje inyungu mu buvuzi kandi ishobora kugira inyungu ikomeye ku buzima rusange ku isi.”

Kanseri ni indwara ya kabiri ihitana abantu ku isi, aho ihitana abarenga miliyoni 10 buri mwaka. Ku bw’iyo mpamvu, OMS yahaye umwanya munini imiti yayo. Uru rutonde rushya rwongeyemo imiti nka pembrolizumab, ikoreshwa mu kuvura kanseri ya nyababyeyi, iya koloni n’iy’ibihaha. Indi miti nka atezolizumab na cemiplimab yashyizweho nk’inyongera mu kuvura kanseri y’ibihaha.

OMS yongeyeho kandi imiti yiswe GLP1 receptor agonists irimo semaglutide, dulaglutide na liraglutide, ikoreshwa mu kuvura diyabete yo mu bwoko bwa kabiri ndetse no kugabanya ibiro ku bafite ibinure bikabije. OMS ivuga ko iyi miti ifasha kugabanya isukari mu mubiri no kurinda indwara z’umutima n’impyiko.

Gusa ibiciro byayo bikaba bihanitse bityo abayikeneye bikaba bizababera imbogamizi kugirango bayibone. OMS isaba ko hagira ingamba zifatwa zirimo guteza imbere imiti rusange (generics) no kuyigeza mu mavuriro y’ibanze.

Uru rutonde rwemejwe n’Inama ya 25 y’Impuguke za OMS yabereye i Genève mu Busuwisi kuva ku ya 5 kugeza ku ya 9 Gicurasi 2025. Iyo nama yasesenguye imiti 59, irimo 31 mishya. Hatowe imiti 20 mishya y’abakuze, 15 y’abana ndetse hanemezwa  gukoresha indi miti 7 yari isanzwe iri ku rutonde.

Ubu, urutonde rw’imiti y’ingenzi ya OMS rugizwe n’imiti 523 y’abakuze n’imiti 374 y’abana. OMS isobanura ko izayifasha guhangana n’indwara zikomeye kandi igatanga umurongo ngenderwaho ku bihugu mu kugura no kugeza imiti y’ingenzi ku baturage.

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *