Perezida PKagame ategerejwe muri Gabon mu umuhango w’irahira rya Perezida w’iki gihugu Gén. Clotaire
Perezida Paul Kagame ategerejwe i Libreville muri Gabon, aho agomba kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida w’iki gihugu, Gén. Clotaire Oligui Nguema.
Gén. Nguema azarahirira kuyobora Gabon kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Gicurasi, mu muhango uzabera i Libreville.
Ku wa 12 Mata ni bwo uriya Jenerali w’imyaka 50 y’amavuko yatangajwe nka Perezida wa Gabon mu myaka irindwi iri imbere, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 94.85%.
Byari nyuma y’igihe kirenga umwaka n’igice ayobora kiriya gihugu giherereye muri Afurika yo hagati nka Perezida w’inzibacyuho, nyuma yo guhirika Ali Bongo Ondimba wari Perezida wacyo kuva muri 2009.
