RDC: Yafashe icyemezo cyo guhagarika umubano nu Rwanda
Mw’itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Congo, Leta ya Congo yategetse abahagarariye iki gihugu mu Rwanda gusubira iwabo byihutirwa. Yanategetse u Rwanda gukura Ambasade yayo i Kinshasa mu gihe kitarenze amasaha 48.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’urupfu rwa Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mirwano yabereye mu mujyi wa Sake ku wa Kane, aho yari yagiye gusura ingabo ziri ku rugamba.
Avugira ku rubuga rwa X, Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze ko atari “itangazo” ahubwo ko ari “ubutumwa bwo kumenyesha” bwarimo bwoherezwa kuri Ambasade y’u Rwanda muri Congo. Yongeyeho ko umukozi wa nyuma wari ukiri mu biro by’u Rwanda i Kinshasa yari amaze guhunga kubera iterabwoba yaterwaga n’abayobozi ba Congo.
Leta ya Congo, ibihugu by’inshuti, Umuryango w’Abibumbye (ONU), ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), bashinja u Rwanda gushyigikira umutwe wa M23.
Ku rundi ruhande, abayobozi b’u Rwanda bavuga ko Congo na yo ikorana n’inyeshamba za FDLR, zibarizwamo abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bashinjwa kwica Abatutsi n’Abahutu batashyigikiraga ubwicanyi icyo gihe.
M23 yashinzwe mu 2012 nk’umutwe uvuga ko ugamije kurengera Abatutsi bo mu burasirazuba bwa Congo, bavuga ko batotezwa kuva kera.
Ariko abashinja u Rwanda bavuga ko rwifashisha M23 mu nyungu zarwo, zirimo kwiba umutungo kamere wa Congo, harimo inzahabu, cobalt, n’ayandi mabuye y’agaciro.
Tubibutsa ko higeze gutangazwa inkuru ivuga hari indege itwara imizigo ya RwandAir yafatiwe i Cairo itwaye amabuye y’agaciro “yibwe” mu burasirazuba bwa RDC.
Ambasade ya RDC i Cairo mu itangazo yasohoye icyo gihe ku tariki ya 11 Ugushyingo, yavuze ko ibikomeje kuvugwa ku ndege ya RwandAir ari “impuha”.
Umwanditsi: Alex RUKUNDO
Number: +250 785 404 717
