Tshisekedi yatangaje ko atazitabira umuhango wo kurahira kwa Trump

Tshisekedi yatangaje ko atazitabira umuhango wo kurahira kwa Trump

Byari biteganyijwe ko Félix Tshisekedi azitabira umuhango wo kurahahi kwa Perezida Dobald Trump kuri uyu wa mbere tariki 20 Mutarama 2025 i Washington, ariko ku munota wanyuma Tshisekedi yatangaje ko atazitabira wo umuhango  ahubwo ko azahagararirwa n’umwe mu bakozi be.

 

Serge Tshibangu, wahoze ari Umuhuzabikorwa w’Umukuru w’Igihugu mu bijyanye no gukurikirana gahunda ya Luanda n’uwo muri Nairobi, yatangaje ko ari we muyobozi wenyine uhagarariye Félix Tshisekedi muri uyu muhango w’irahira rya Perezida Donald Trump.

Tshibangu, uzwi cyane, ntabwo ari we gusa w’Umunyekongo utumijwe muri uwo muhango, kuko n’umuyobozi w’umutwe w’opozisiyo Moïse Katumbi yitabiriye, kandi akaba amaze iminsi muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho yatumijwe mu rwego rwo kwitabira uwo muhango.

Abayobozi benshi baturutse mu bihugu bitandukanye by’isi bari bitabiriye iki gikorwa gikomeye ku rwego rw’isi.

 

Umusanzunews.rw

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *