Gaza: Imiryango mpuzamahanga yatanze imfashanyo y’ibiribwa byuzuye amakamyo 741 muri Gaza

Gaza: Imiryango mpuzamahanga yatanze imfashanyo y’ibiribwa byuzuye amakamyo 741 muri Gaza

Ingabo za Israel zivuga ko amagana y’ibiribwa n’amazi byagejejwe mu majyaruguru ya Gaza muri Jabalia na Beit Hanoun n’urwego rwa leta ya Israel ingenzura imfashanyo z’ubutabazi, COGAT, ku bufatanye n’imiryango mpuzamahanga.

Yavuze ko amakamyo 741 y’imfashanyo yatanzwe kuva mu Kwakira mu majyaruguru ya Gaza anyuze ku mupaka wa Beit Hanoon (Erez)

Yakomeje ivuga ko yamenyesheje mbere y’uko imiryango mpuzamahanga itanga imfashanyo, ni mu gihe Israel yashinjijwe  ko itubahirije icyifuzo cya Leta zunze ubumwe z’Amerika cyo kwemerera imiryango gutabara abantu bari muri Gaza yangijwe n’intambara, aho usanga ibintu bimeze nabi kurusha ikindi gihe cyose mu ntambara za maze amezi 13.

Impuguke z’ubutabazi n’imiryango itabara imbabare imaze igihe ivuga ko umubare muto w’imfashanyo winjira muri Gaza udahagije.

Mbere yuko intambara itangira umwaka ushize, impuzandengo y’amakamyo 500 yatwaraga imfashanyo n’ibindi bicuruzwa byambukaga muri Gaza buri munsi.

umusanzunews.rw

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *