Ubuhinde: Indege ya Air India yakoze impanuka mu Burengerazuba
Indege ya Air India yerekeza i Londres itwaye abantu 242 yakoze impanuka ku wa Kane, hafi y’umujyi wa Ahmedabad, mu Burengerazuba bw’u Buhinde. Nk’uko byatangajwe na sosiyete itwara abantu n’ibintu yo mu Buhinde, abari bayirimo barimo Abahinde 169, Abongereza 53, Abanya-Portugal barindwi n’Umunyakanada umwe.
Amakuru dukesha Reuters avuga ko kuri uyu wa Kane, tariki ya 12 Kamena, indege ya Air India ifite nimero 171, yari itwaye abagenzi n’abakozi bagera kuri 242. Yaguye hafi y’ikibuga cy’indege cya Ahmedabad, umurwa mukuru wa leta ya Gujarat, nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’indege n’inzego z’umutekano. Icyakora, nta mubare w’abahasize ubuzima cyangwa inkomere wari watangazwa.
Umuyobozi mukuru w’iyi sosiyete, Natarajan Chandrasekaran, yagize ati: “ Ni agahinda gakomeye kuba y’indege yakoze impanuka kuri uyu munsi.” Iyi ndege yavaga Ahmedabad yerekeza ku kibuga cy’indege cya London Gatwick.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner, yahagurutse saa 1:39 za mu gitondo ku isaha yo mu Buhinde (saa 8:09 GMT), ariko nyuma yo guhaguruka, yahise isaba uruhushya rwo kugaruka byihuse, nk’uko ubuyobozi bubishinzwe bwabitangaje.
Itangazo ryashyizwe hanze rigira riti: “ Indege yahamagaye byihutirwa, abagize itsinda rishinzwe kugenzura indege, ariko nyuma yo guhamagara, nta yandi majwi yongeye kumvikana hagati y’impande zombi. Nyuma y’iminota mike, indege yaguye inyuma y’ikibuga cy’indege.”
Sosiyete ya Air India yatangaje ko abari mu ndege ari abapilote babiri n’abakozi 10 bo mu ndege (cabine crew), n’abandi bagenzi bari bayirimo barimo Abahinde 169, Abongereza 53, Abanya-Portugal 7 n’Umunyakanada 1.
Minisitiri w’Ubwikorezi bwo mu kirere mu Buhinde, Ram Mohan Naidu Kinjarapu, yatangaje ko yababajwe n’iyo mpanuka, anihanganisha imiryango y’abari bari mu ndege. Ati:“ Ibikorwa by’ubutabazi byatangiye gukorwa, kandi turimo gukora ibishoboka byose ngo imbangukiragutabara n’inzego z’ubuvuzi zigerayo vuba.”
Yongeyeho ati:“ Ibitekerezo byanjye n’amasengesho biri kumwe n’abari mu ndege n’imiryango yabo.”
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, na we yihanganishije abari mu ndege n’imiryango yabo, agira ati: “Aya mashusho twabonye ari mu biteye intimba. Ndakomeza guhabwa raporo kuri iyi mpanuka, kandi ndakomeza gusegera abari mu ndege ndetse n’abagizweho ihungabana n’ibyabaye .”
Umunyamakuru wa AFP wari aho byabereye yatangaje ko umwotsi mwinshi wazamutse mu kirere uvuye aho indege yanguye. Amashusho yerekanywe kuri televiziyo agaragaza abantu batwarwa ku tugare tw’abarwayi bajyanwa mu modoka z’imbangukiragutabara. Umuvugizi w’ikibuga cy’indege cya Ahmedabad yatangaje ko imodoka nyinshi z’abaturage zahagaritswe kugira ngo zidakoma mu nkokora ubutabazi.
Umujyi wa Ahmedabad, umurwa mukuru wa leta ya Gujarat, utuwe n’abaturage bagera kuri miliyoni umunani. Iki kibuga cy’indege mpuzamahanga kiri mu icya karindwi mu Buhinde mu kwakira abagenzi benshi, kandi giherereye mu gace gatuwe cyane.
Impanuka ya mbere ikomeye y’indege iheruka kubera muri iki gihugu yabaye mu 2010, ubwo indege ya Air India yavaga i Dubai igwa i Mangalore, mu Majyepfo y’u Buhinde, igahitana abantu 158. Abandi umunani nibo babashije kurokoka iyi mpanika.
Mu 1996, indege ya Saudi Arabian Airlines nimero 763 yagonganye n’indi ya Kazakhstan Airlines nimero 1907 mu kirere cya New Delhi. Izo ndege zombi zahitanye abantu 349, bikaba ari yo mpanuka yahitanye abantu benshi mu mateka y’u Buhinde.
Umwanditsi: Alex RUKUNDO
Email: rukundoalex540@gmail.com
Whatsap / Tel: +250 785 404 717
