RDC: Yataye muri yombi Abashinwa batatu bari bafite zahabu na $800,000 ‘cash’

RDC: Yataye muri yombi Abashinwa batatu bari bafite zahabu na $800,000 ‘cash’

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo buvuga ko Abashinwa batatu batawe muri yombi bafite ibipande 12 bya zahabu n’amadolari y’Amerika 800,000 ‘cash’ mu burasirazuba bwi cyi gihugu.

Ayo madolari angana na miliyari imwe uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda.

Guverineri w’intara ya Kivu y’Epfo Jean Jacques Purusi yavuze ko iyo zahabu n’ayo madolari byari bihishe munsi y’intebe z’imodoka bari barimo kugendamo.

Yavuze ko igikorwa cyo guta muri yombi abo bagabo cyari cyagizwe ibanga nyuma yuko mu gihe cya vuba aha gishize irindi tsinda ry’Abashinwa rishinjwe kugira ikirombe cya zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri ako gace.

Uburasirazuba bwa RDC bukize cyane kuri zahabu, diyama n’amabuye y’agaciro akoreshwa mu gukora za batiri za telefone zigendanwa n’iz’imodoka zikoreshwa n’amashanyarazi.

Ubu bukungu bwa mabuye y’agaciro bukomeje gusahurwa n’amatsinda y’abanyamahanga kuva mu gihe cy’ubukoloni ndetse iyo ni imwe mu mpamvu z’ingenzi zituma aka karere kamaze imyaka 30 kugarijwe n’umutekano mucye.

Imitwe yitwaje intwaro igenzura ibirombe byinshi mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse abakuru b’iyo mitwe babikiriramo kubera kugurisha amabuye y’agaciro ku bantu na bo bayagurisha ku bandi.

Guverineri Purusi yavuze ko bamwe muri aba bakora ubucuruzi bw’aya mabuye y’agaciro gakomeye bafitanye umubano mwiza n’abantu bakomeye bo mu murwa mukuru wa Kinshasa, ndetse ko iyi ari yo mpamvu iki gikorwa gishya cyo guta muri yombi aba cyari cyagizwe ibanga.

Yavuze ko bari bahawe amakuru ndetse ko iyo zahabu n’ayo madolari byabonetse nyuma yo gusaka byimbitse iyo modoka aho muri teritwari ya Walungu, mu ntara ya Kivu y’Epfo, hafi y’umupaka n’u Rwanda.

Ntiyavuze ingano nyirizina ya zahabu yafashwe.

Mu kwezi gushize, Giverineri Purusi yabwiye abanyamakuru ko yumiwe ubwo yamenyaga ko Abashinwa 17, bari batawe muri yombi bashinjwa ko bari bafite ikirombe cya zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, barekuwe bakemererwa gusubira mu Bushinwa.

Icyo gihe ibiro ntaramakuru Reuters byasubiyemo amagambo ye avuga ko abo Bashinwa bari barimo leta imisoro n’amande bingana na miliyoni 10 z’amadolari y’Amerika (angana na miliyari 13 uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda).

Ambasade y’Ubushinwa nta cyo yatangaje kuri ibyo birego.

Uko gutabwa muri yombi kubaye mu gihe imirwano ikomeje bya hato na hato mu ntara ya Kivu ya Ruguru, aho umutwe w’inyeshyamba wa M23 wafashe ibice binini by’iyi ntara.

Mu kwezi gushize, DRC yavuze ko yareze kompanyi ikomeye y’ikoranabuhanga ya Apple yo muri Amerika, iyishinja gukoresha “amabuye y’agaciro y’amaraso” (ava ahari intambara), Apple yiregura ivuga ko yahagaritse kugura amabuye y’agaciro ava muri DRCongo no mu Rwanda.

U Rwanda rwahakanye kuba ari inzira yohererezwamo mu mahanga amabuye y’agaciro yacukuwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ava muri DR Congo.

Muri icyo kirego DR Congo yagejeje mu rukiko, abanyamategeko ba leta ya Congo bavuze ko amabuye y’agaciro akurwa mu turere tuberamo intambara ubundi “akerezwa inkomoko mu ruhererekane rw’ubucuruzi mpuzamahanga”.

Abo banyamategeko bagize bati: “Ibi bikorwa byenyegeje uruhererekane rw’urugomo n’intambara kubera guha amafaranga imitwe yitwaje intwaro n’imitwe y’iterabwoba ndetse byagize uruhare mu mirimo y’agahato ikoreshwa abana no kwangiza ibidukikije.”

Umusanzunews.rw

Umwanditsi: Alex RUKUNDU

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *