Isiraheli na Hezbollah bakomeje kwishora muri poropagande y’intamabara
Marc Owen Jones, umwarimu wungirije ushinzwe gusesengura mu itangazamakuru muri kaminuza ya Northwestern ya Qatar, avuga ko Israel na Hezbollah bombi bishora muri “poropagande” ndetse no guha “amakuru y’ibinyoma” itangazamakuru nk’amayeri y’intambara.
Jones yabwiye Al Jazeera ati: “Hezbollah ntishaka kwerekana ingaruka z’ibitero bya Israel kuri Libani, kuko ibyo babikoze bagatangaza amakuru yanyayo byatera ubwoba abaturage”, akomeza avuga ko Israeli yagiye ifata ingamba nk’izo zo”.
Ati: ” niba ubona ko uri umunyamabanga w’inyangamugayo, abantu ntibazabura gutekereza ko uri umuntu ukomeye”.
Ati: “Mu byukuri ni ukubeshya abaturage muri rusange, kandi abaturage bubaha amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bwabo, ni mu gihe umuturage afite uburenganzira bwo ku menya amakuru yu zuye.”
آثار الدمـ ار جراء الغـ ارة التي استهدفت مبنى في منطقة الحدث مقابل مستشفى السان جورج وقرب كنيسة سيدة النجاة pic.twitter.com/heI3XLihRr
— Al Jadeed News (@ALJADEEDNEWS) November 17, 2024
Ingabo za Israel zategetse abaturage kwimuka muri Haret Hreik ya Beirut
Umuvugizi w’igisirikare cya Isiraheli, Avichay Adraee, yategetse abaturage batuye mu nkengero z’amajyepfo ya Beirut, cyane cyane mu nyubako zimwe na zimwe za Haret Hreik, kwimuka, yongeraho ko ako gace kakiriye “ibikoresho bya Hezbollah”.
Uru ruhererekane rw’amabwiriza yo kwimuka yatanzwe n’ingabo za Israel mu bice byo mu majyepfo ya Beirut muri iki gitondo.

Umwanditsi: Alex RUKUNDO
