Amerika: FBI yatangaje ko uwagabye igitero i New Orleans yabikoze wenyine

Amerika: FBI yatangaje ko uwagabye igitero i New Orleans yabikoze wenyine

Urwego rw’Amerika rw’ubugenzacyaha (FBI) ubu noneho ruremeza ko ucyekwaho kugaba igitero ku bunani mu mujyi wa New Orleans muri leta ya Louisiana cyiciwemo abantu 14 kigakomerekeramo abandi nibura 35, yabikoze wenyine”.

Aya makuru mashya ya FBI atandukanye n’ayo yari yatangaje mbere y’iperereza, ubwo yemezaga ko abantu benshi bagize uruhare muri icyo gitero.

Shamsud-Din Jabbar, Umunyamerika w’imyaka 42, byemezwa ko yatwaye ikamyo yo mu bwoko bwa ‘pickup’ ayinyuza mu mbaga y’abantu mu muhanda wari urimo abantu benshi i New Orleans, nuko ayivamo atangira kurashisha imbunda. Yiciwe aho byabereye arashwe na polisi.

FBI ivuga ko ibendera ry’umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS) ryasanzwe imbere muri iyo modoka yari atwaye, ndetse ko ibiturika bibiri byakozwe mu buryo butari ubwo mu ruganda byasanzwe hafi yaryo.

Umwe, mubakoraga iperereza wihariye wungirije wa FBI Alethea Duncan yari yavuze ko FBI itemeza ko Jabbar ari we “wenyine wabikoze” ndetse ko bari barimo gukora iperereza ku byabaye babifata nk'”igikorwa cy’iterabwoba”.

Perezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko abakora iperereza bari barimo kureba niba icyo gitero gishobora kuba gifitanye isano n’iturika ry’ikamyo ikoreshwa n’amashanyarazi yakozwe na kompanyi Tesla, yaturikiye hanze ya hoteli ya Trump i Las Vegas, muri leta ya Nevada, na byo byabaye ku wa gatatu, ariko avuga ko “kugeza ubu, nta kintu na kimwe gihari cyo gutangaza”.

Mu bishwe harimo uwahoze ari icyamamare muri kaminuza witwa Martin “Tiger” Bech, nkuko ishami ry’imikino ngororangingo rya Kaminuza ya Princeton rya bitangaje.

Mu itangazo, Bob Surace, umutoza mukuru w’umukino w’umupira w’amaguru kuri iyo Kaminuza, yagize ati: “Nta zina rindi rirenzeho ry’akabyiniriro ryari rikwiye umukinnyi wa Princeton natoje.

“Yari ‘Tiger’ [inyamaswa yo mu muryango w’ingwe] mu buryo bwose – [yari] umuntu urushanwa mu buryo bukomeye cyane, wakundwaga cyane n’abo bakinana mu ikipe imwe ndetse [wari] inshuti yita ku bandi.”

Icyo gitero cyabereye mu gace kazwi nka French Quarter, kazwiho kuganwa n’abantu benshi nijoro b’aho ngaho na ba mukerarugendo. Icyi gitero cyabaye ahagana saa cyenda n’iminota 15 z’ijoro (03:15) ku isaha yaho.

Anne Kirkpatrick, umukuru wa polisi mu mujyi wa New Orleans, yagize ati: “Uyu mugabo yageragezaga kugonga abantu benshi bashoboka.”

Yakoresheje imbunda ndende “iriho igikoresho kigabanya urusaku igihe irashe”, na yo yasanzwe aho byabereye, hamwe n’imodoka yari atwaye, byemezwa ko yari yayikodesheje muri leta ya Texas akoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga bwa ‘app’.

Jabbar yavukiye i Texas ndetse yahoze ari umusirikare mu ngabo z’Amerika.

Umusanzunews.rw

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *